Uko ababyeyi 4 b'i Kayonza baburanye baregwa kwanga inkingo

Urubanza rw’ababyeyi bane bahawe igihano cy’imyaka itandatu muri gereza ku cyaha cyo kwanga no gushishikariza abandi kwanga inkingo.

Ababyeyi bane bahawe igihano cy'imyaka 6 ku cyo urukiko rwise kwanga inkingo no gushishikariza abandi
Aba babyeyi baburanye ku wa 3/1/2024, bacirwa urubanza ku wa 9/1/2024 mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyagatare.

Faith Reporters yanditse uko iburanisha ryagenze.

Niba ushaka kureba videwo uko baburanye kanda hano

Niba ushaka kureba videwo uko baciriwe urubanza kanda hano

DORE UKO URUBANZA RWAGENZE:

Ubushinjacyaha nibwo bwatangiye bugaragaza icyo burega aba bane

Bwavuze ko ku wa 12/9/ 2023 ari bwo byamenyekanye ko abo bane bagendaga  babwira abantu ko kwikingiza ari icyaha, ko abantu badakwiriye kwishyira uburozi mu mibiri yabo, ko Imana itabyemera.

Ubushinjacyaha bwanavuze ko abo bane bavuze ko ubwisungane mu kwivuza budakwiye gutangwa ko Imana itabwemera. Ngo babikoze igihe kinini, ubuyobozi bukabihanangiriza ariko ntibyabyemere.

Ubushinjacyaha bwasobanuye ko abo bane bagenda bavuga ko ubuvuzi nyabwo buboneka mu mbaraga z’Imana zikorera mu bimera bityo ngo Mituweli ni ubwishingizi bw’isi na leta butagira icyo bumaze ngo n’Imana ntibwemera.

Aho niho ubushijacaha bwagaragarije urukiko icyaha aba bane baregwa ko ari ukurwanya ububasha bw’amategeko

Umushinjacyaha yasomye Ingingo ya 205 mu gitabo cy’amategeko mpanabyaha ari yo Kurwanya ububasha bwamategeko igira iti:

Umuntu wese ushishikariza abandi kwigomeka ku byo amategeko ateganya aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igihano kitari munsi y’imyaka itanu ariko kitarenga imya irindwi. Ibihano bivuzwe bikaba byikuba kabiri iyo gushishikariza kwagize ingaruka mbi.

Mu magambo ye umushinjacyaha yagize ati:

Aba bari imbere y’urukiko, ibyokubwira abaturage bati ntimukikingize, aba nta wize ubuganga nta n’injijuke mu buzima irimo. Bwari uburyo bwo kubagumura babure kwikingiza indwara zitandukanye zizaze zibamare

Umushinjacyaha yavuze ko ikigaragaza ko icyaha bagikoze bagitekereje bakizi neza n’ingaruka zacyo ari uko ngo ubuyobozi bwabihanangirije bakanga kwisubiraho.

IBIMENYETSO UBUSHINJACYAHA BWAGARAGAJE

1.  Abaregwa babyemera

Umushinjacyaha yavuze ko Edisa Ngendahimana yiyemerereye ubwo yabazwaga mu bugenzacyaha ndetse no mu bushinjacyaha ko inkingo ari uburozi ko atemera na mituweli atanayivurizaho.

Umushinjacyaha yagize at: “Edisa yita inkingo uburozi, yakoze ubuhe bushakashatsi, ni umuganga se?”

Ngo na none, Edisa Ngendahimana yakavuze ko gahunda za leta zimutandukanya n’Imana. Umushinjacyaha niko kubaza ati: “gute se?”

Ageze kuri Nikobahoze Genevive, umushinjacyaha yavuze ko nawe yavuze ko inkingo zirimo uburozi ntazemera ko nta muntu ukwiye gutanga ubwishingizi mu kwivuza ngo ni ubw’isi.

Umushinjacyaha niko kugira ati: “Mu baturage bose batuye iki gihugu agatinyuka akavuga ngo nta muntu ukwiriye gutanga ubwishingizi bwo kwivuza ngo nubwisi. None se ashaka kujya ajya kwivuriza mu ijuru? Ese n’abandi baturage azabajyana ajye kubavuriza aho ngaho avuga?”

Kuri Tuyigane Elisabeti, umushinjacyaha yavuze ko nawe yemeye icyaha mu ibazwa rye avuga ko atemera inkingo n’ubwisungane ku kwivuza, ngo kubera ko ashingira ku byanditswe byera.

Umushinjacyaha ni kubaza ati: “Ibihe se?” ati “Azane Bibiliya aha ngaha asome aho byanditse”

No kuri Mukamzimpaka Esiteri, umushinjacyaha yavuze ko nawe abazwa mu bugenzacyaha n’ubushinjacyana yavuze ko atemera inkingo ariko ngo yemera mituelle ngo n’umugabo we yarayitanze.

Umushinjacyaha yabajije ati: “Ubu ngubu ubwo bafunzwe barwaye ntibajya kwa muganga kwivuza? Ntabwo basaba kujya kwa muganga se?”

2.  Abatangabuhamya

Umushinjacyaha yazanye imvugo y’uwitwa Niyomukiza Costaziya abashinja ko bagendaga bavuga ko isi igiye kurangira ko batagomba kwikingiza ngo inkingo zo mu ruganda zirimo uburozi.

Undi mutangabuhamya ngo ni uwitwa Sinamenye Fidel, ngo nawe yahamije ko abo bane bagiye bavuga ngo inkingo zirimo uburozi ngo aho bateye urushinge haza igisebe kidakira.

Umushinjacyaha niko kubaza ati: “Babibonye he? Bazane uwatewe urushinge akarwara igisebe”

3.  Raporo y’inzego z’ibanze

Ubushinjacyaha bwavuze ko bufite raporo y’inzego z’ibanze igaragaza ko zihanangirije aba bbyeyi bane baregwa bakanga kureka ibyaha baregwa ngo ahubwo bagakomeza bashaka kugumura abaturange.

Nuko umushinjacyaha yahereyeko asaba urukiko kubahamya icyaha cyo kurwanya ububasha bw’amategeko maze ngo urukiko ruhanishe buri wese kuba mu nzu y’imbohe imyaka irindwi (icyo yise igifungo cy’imyaka irindwi)

UKO ABASHIJWA BABURANYE

Mu kwiregura kwabo, umucamanza niwe wafashe umwanya munini ababaza ibyo baregwa maze nabo bagasubizwa.

UMUBURANYI MUKAMAZIMPAKA ESITERI (wari uhetse umwana we)

Umucamanza: Icyaha uracyemera?

Mukamazimpaka: Icyaha ntabwo ncyemera. Jye nabwirizaga ubutumwa bwiza, nsoma amasomo yo muri Bibiliya, tugatanga n’inyandiko nta kindi twavuze.

Umucamanza: Nonese mituelle urayemera?

Mukamazimpaka: Mituelle ndayemera ndanayitanga.

Umucamanza: None se wemera kwikingiza?

Mukamazimpaka: Kwikingiza ni uburenganzira bw’umuntu ku giti cye. Ku ruhande rwanjye, ni uburenganzira bwanjye kwikingiza no kutikingiza.

Umucamanza: Kuki ugenda wigisha no gukangurira abantu kutikingiza?

Mukamazimpaka: Nta muntu nigeze mbyigisha

Umucamanza: Kandi uvuga ubutumwa?

Mukamazimpaka: None se ko ari ijambo ry’Imana twigishaga, tukanatanga inyandiko?

Umucamanza: none se ntiwigeze ukangurira abaturage kureka gutanga ubwisungane mu kwivuza?

Mukamazimpaka: Ntawe nigeze mbyigisha, ntawe.

Umucamanza: Ko bagushinja se?

Mukamazimpaka: ubunshinja sinzi uko yabigenje.

Umucamanza: Niyomukiza Kositaziya agushinja ko ubyigisha

Mukamazimpaka Nonese najyaga kwigisha ibya mituelle, agakiza karimo ni akahe? Buri muntu atanga mituelle ku giti cye. Nanjye narayitanze. Ibyo kwikinginza ni ubushake bwanjye no kwivuza ni ubushake bwanjye.

Umucamanza: Erega urabyishyiraho kandi wowe baragushinja ko uroga rubanda. Kugenda ubyigisha abaturage, ubagumura.

Mukamazimpaka: Nabwirije ku wa mbere mu gitondo, nkabwiriza ijambo ry’Imana, bakamfata ku wa kabiri kubera kubwiriza Ijambo ry’Imana. Ibindi bandega simbizi. Nabwirije ntanga inyandiko. Ibindi sinzi aho babivanye.

Umucamanza: Sinamenye Fidele aragushinja ko wakanguriye abaturage kutajya mu bwisungane mu kwivuza

Mukamazimpaka: Uwo muntu arambeshyera sinamuzi. Nabwira abantu kudatanga mituelle kandi narayitanze?

Umucamanza: ubuyobozi buragushinja muri raporo y’inzego z’ibanze

Mukamazimpaka: Jye nemeye ibyo nakoze, navuze ibyo nakoze.

Umucamanza: Raporo y’inzego z’ibanze ntacyo uyivugaho?

Mukamazimpaka: Icyo mbivugaho nukubasaba ngo mundenganure. Niba twarabwirije ubutumwa mu buryo butemewe nibyo badusobanurira. Ibisigaye sibyo rwose mu ndenganure.

Umucamanza: igihano bagusabira?

Mukamazimpaka: Ni ukundenganura

 

UMUBURANYI TUYIGANE ELISABETI

Umucamanza: Icyaha uracyemera?

Tuyigane: Icyaha bandega ntabwo ncyemera. Kuko mu babwirizaga ndimo, nari mfite mikoro ku wa 10/9/. Narangururaga mvuga amasomo yo muri Bibilia. Isomo rya mbere riboneka muri Yesaya igice cya makumyabiri na kane, umutwe w’amagambo avuga ngo ibihano bizaza ku isi.

Umucamanza: Reka rero, nitujya mu byo gusoma muri Yesaya ntabwo turi bubirangize. Reka tugende turebe icyo ubushinjacyaha bukurega. Barakurega kuba ushishikariza abaturage kutajya mu bwisungane mu kwivuza.

Tuyigane: Ayo magambo sinanayavuga kuko nta gakiza kabirimo. N’ikimenyimenyi inyandiko twatangaga zirahari, zanditseho ngo “Kwihana no kubabarirwa ibyaha, urufunguzo rwo kurokoka” abaturange twabwirije barahari icyo rwose ndagihakanya ko ari ukutubeshyera.

Umucamanza: Umutangabuhamya Niyomukiza Kositaziya na Sinamenye Fidel baragushinja

Tuyigane: Aho dutuye bazi ko tugira imibereho myiza yo kwitungira amagara mazima. Impagarike yacu ni umwuka mwiza, amazi meza, kwivuza dukoresheje ibyaremwe. Nkuko bateze Daniel ubwo yasengaga Imana ye niko natwe badutega mu byo twizera. Ntabwo twebwe twigeze tubwira abantu kutikingiza kuko ntagakiza karimo. Aho hantu muhakore ubugenzuzu n’ubushishozi, munarebe ku nyandiko twatanze n’ibibiwiriza twabwirije. Bigeze no kuduhamagarira police isanga ndangurura, kandi basanga ntakindi tuvuga kitari ugushishikariza abantu kwihana no kubabarirwa ibyaha. Police irikomereza ntiyatubonamo icyaha.

Umucamanza: Kwikingiza urabyemera?

Tuyigane: Ni impagarike y’umuntu ku giti cye. Nabura kubwira umuntu uburyo yakira icyaha, nkajya kumushishikariza iby’inkingo. Ibyo nukutubeshyera rwose.

Umucamanza: Ese ubuyobozi mupfa iki ko bubashinja no muri raporo ko mwananiranye

Tuyigane: Nyakubahwa, mukore ubushishozi aho hantu mu baturage aho twatanze n’inyandiko z’ibyo twigishaga niba bishoboka. Kuko umuntu ufite ububasha ashobora kurenganya rubanda rugufi mu madosiye nk’ayo. Ariko rwose ntabwo twigeze tubwiriza ku nkingo.

Umucamanza: Nonese wemera gukingirwa?

Tuyigane: Gukingirwa ni uburenganzira bw’umuntu ku giti cye, nkuko ifishi yo kwikingiza ibivuga.

Umucamanza: Urabyemera ko kwikingiza no gutanga mituelle bifite akamaro?

Tuyigane: Jyewe ku giti cyanjye nzi kwikingira nkora ibyamfasha mu kwitungira amagara mazima.

Umucamanza: Igihano bagusabira?

Tuyigane: Ndasaba kurenganurwa.

 

UMUBURANYI NIKOBAHOZE GENEVIVE (wari uhetse umwana)

Umucamanza: Icyaha uracyemera

Nikobahoze: Ntabwo ncyemera

Umucamanza: Wowe ku giti cyawe wemera kwikingiza na gutunga mituweli?

Nikobahoze: Ntabwo mbyemera ku giti cyanjye kubera amagambo nasomye mu gitabo ...

Umucamanza: Ibyahishuwe?

Nikobahoze: Oya ni igitabo Ibihamya by’Itorero umuzingo wa mbere, ku rupapuro rwa 456 havuga ko atari byiza ko umudiventiste w’Umunsi wa Karindwi ajya mu bwishingizi bw’ubuzima kuko umuntu aba agiranye ubushuti n’isi mu gihe duhamagarirwa kwitandukanya n’isi. Ibyo nibyo nasomye ku giti cyanjye, bimfasha ku giti cyanjye. Ibyo nigishije ni ukwihana no kubabarirwa ibyaha, uko umunyabyaha ashobora kwiyunga n’Imana.

Umucamanza: Wemera mituweli no gukingirwa ku giti cyawe?

Nikobahoze: Jye sinakwikingiza nshingiye ku byo nasomye mu gitabo cy’Ubutumwa Bwatoranijwe umugabane wa kabiri ku kigisho kivuga ngo gukoresha imiti.

Umucamanza: Niyomukiza na Sinamenye baragushinja ko utitabira gahunda za leta.

Nikobahoze: Ntabwo nemeranya nabo. Haba mu magabo cyangwa mu butumwa nta muntu nashishikarije. Ni imibereho yanjye ku giti cyanjye.

Umucamanza: Ubuyobozi ibyo bugushinja?

Nikobahoze: Muzashishoze. Icyo navuga nuko navuze ubutumwa bw’Imana. Sinavuze ibya gahunda za leta kuko nta gakiza kabirimo. Rwose murebe ibyo twavuze kuko nzi ko nta cyaha kirimo nkuko babibivuga. Agakiza kari mu kwakira imbabazi z’Imana kandi icyo nicyo twabwiraga abo duturanye mu mudugudu.

Umucamanza: Igihano bagusabira:

Nikobahoze: Muzashishoze, mundekure nsubire kureba urugo rwanjye. Umugabo wanjye yapfuye mfunze. Kugeza ubu sindagera mu rugo. Nkeneye kurundarunda abana banjye.

 

UMUBURANYI EDISA NGENDAHIMANA

Umucamanza: Icyaha uracyemera

Ngendahimana: Ntabwo ncyemera impamvu nuko natanze mituweli kandi si ubu gusa.

Umucamanza: Naho kwikingiza

Ngendahimana: Kwikingiza ndabyemera kuko abana banjye barakingiye n’abuzukuru banjye

Umucamanza: Noneho wemera kwikingiza wowe ku giti cyawe

Ngendahimana: Nikingije mugiga kugeze ubu ndikingiza

Umucamanza: Nonese ko abatangabuhamya ko bagushinja kuba ukangurira abaturage kutikingiza?

Ngendahimana: Ntabwo nzi aho babikuye

Umucamanza: Niyomukiza na Sinamenye urabazi?

Ngendahimana: Sinamenye ntanubwo muzi. Uwo nzi ni uwo mudamu

Umucamanza: Nonese mu bugenzacyaha ko wari waravuze ko utabyemera?

Ngendahimana: Ibyo ntabwo ari byo. Ayo magabo banditse sinigeze nyamenya. Ntanubwo bayansomeye

UMUWUNGANIZI MU MATEGEKO ERNEST TWAGIRAMUNGU

Yasabye rukiko gusuzuma uburyo kwikingiza byakorwaga ngo kuko we asanga kutikingiza atari icyaha kijyana umuntu mu nzu y’imbohe icyo yise gufungisha umuntu mu buryo bwa penal ko ahubwo gikemurwa n’indishyi (Civil).

Uburyo yasobanuye no nuko Kubera ko uwikingiza yikingizaga ku bushake. Kuko kwikingiza byabagaho iyo umuntu yabyemeye akabishyiraho umukono bivuze ngo ni amasezerano umuntu ku giti cye yagiranaga n’umukingira. Ngo ibyo nibyo bigaragaza ko kwikingira bitari itegeko no kutikingiza bikaba nta tegeko byica. Asobanura ko utikingije nta cyaha yaregwa ko yishe itegeko ahubwo ashobora kuregwa ko yishe amasezerano, agacibwa indishyi.

Yagize ati: “Ubushinjacyaha bugaragaze itegeko umuntu yaba yishe mu gihe yaba atikingije. Iyo nta tegeko riba ryishwe, nta gihano kiba gihari”

Umwunganizi yagarutse ku bijyanye n’ubwisungane mu kwivuza avuga ko igihari ari amabwiriza ako atari amategeko.

Akibivuga, Umushinjacyaha yasabye ijambo avuga ko hari itegeko rishyiraho ubwisungane mu kwivuza icyakora ntiyasobanura aho bihuriye n’umuturage utagiye muri ubwo bwisungane.

Umwunganizi wa Edisa Ngendahimana yasabye urukiko kuzasuzuma inyito y’icyaha.

Ku kijyanye n’ibimenyetso byatanzwe mu rukiko, umwunganizi yasobanuye ko bituzuye ngo bishingirweho mu guhamya uwo yunganira icyaha ngo kuko Edisa yakingije abandi bose kandi nawe yarikingije.

Yagarutse ku batangabuhamya bamushinja avuga ko abafiteho ikibazo ngo kuko Uwitwa Sinameye Fidel adatuye mu mudugudu Edisa abarizwamo ari nawo aregwa ko yakoreyemo icyaha na bagenzi be.

Yagize ati: Niyo mpamvu tugaragaza ko ibimenyetse ubushinjacyaha bwatanze bushingira ku mvugo z’aba bantu, nta shingiro ryabyo.

Ku kijyanya na raporo y’inzego z’ibanze, umwunganizi wa Ngendahima yavuze ari amakuru yatanzwe ku wa 18/09/2023 ko atari raporo ngo kuko handitseho ko Impamvu ari ugutanga amakuru bityo rero asaba urukiko kubanza gusuzuma ayo makuru aho kuyafata nka raporo.

Umwunganizi yanenze cyane inyandiko mvugo zavuye mu Ubugenzacyaha ko zitashingirwa ngo kuko hari aho zivuga ko Edisa yanze gusinya, mu gihe we agaragaza ko atazi gusoma no kwandika.

Yagize ati: “Bityo rero, ibyo umushinjacyaha ashyize imbere y’urukiko byuzuyemo gushidikanya kandi gushidikanya birengera uregwa, na cyane ko abatangabuhamya ari babiri bonyine nk’aho ari bo baba mu mudugudu. Hagombye gukorwa iperereza ry’imbitse hakaboneka abatangabuhamya bazi ukuri”

UMUSHINJACYAHA

Umushinjacyaha yahagurutse azanye urubanza rwaciwe n’Urukiko Rukuru rw’i Nyanza aho yagaragaje ko hari abantu bahamijwe ibyaha nyuma yo kwiyomora ku idini ry’Abadiventisite b’Umunsi wa Karindwi bakanga gahunda za Leta.

Kuba Edisa yari yarikingije ndetse akagira na mituweli, umushinjacyaha yavuze ko ibyo yabikoze akiri umudiventiste ariko nyuma y’uko yavuye mu idini, yatangiye kurwanya gahunda za leta.

Yagize ati: “Nkuko babyivugiye, bagiye babona ibitabo bakabisoma, barayoba. Niyo mpamvu nubwo baba barikingije Covid, babikoze icyo gihe batarayoba ariko ubu ntabwo bakwemera gukingirwa. Barahindutse”

Yongeyeho ati: “Hari icyo tutari twavuze: basengeraga mu idini ry’abadiventiste. Bamaze kubona idini ry’abadiventiste bubahiri izi gahunda za leta babiyomoraho bashinga idini ryabo. Bajya kugura mikoro kugira ngo begende barangurura mu baturage.

Ibyo bavuga ko rero ko bubahirije gahunda nibyo ariko ibyaha babikoze nyuma y’uko biyomoye”.

UMWUNGANIZI ERNEST TWAGIRAMUNGU

Yagize ati: “Urukiko ruzasuzume niba ubushinjacyaha bugaragaza amajwi cyagwa amashusho yafashwe bigaragaza Edisa akora ibyaha aregwa. Ubushinjacyaha buvuga ko bari bafite indangururamajwi ariko kugeza ubu ntabwo bayigaragariza urukiko ruyibone.

Niba nta majwi, niba anta mafoto, urukiko ruzashingira kuki? Ku mvugo z’ubushinjacyaha gusa?

TUYIGANE ASABA IJAMBO:

Nyakubahwa turabasaba ngo mugire ubushishozi mu byo baturega. Abatangabuhamya ntitunabazi kandi aho twabwirije hari abaturage benshi twahaye n’inyandiko. Mu mudugudu wose hakabonekamo umuntu umwe? Undi akava muwundi mudugudu? Aho hantu namwe muzasuzumane ubushishozi. Twebwe twabwiririje ku karubanda, n’abashijwe umutekano barahadusanze basanga tubwiriza abari baraye mu kabari banywa inzoga barikomereza.

Ibyo baturega ngo twiyomoye ku Badiventiste sibyo kuko n’ibyo twigishije byose n’abandi badiventiste barabyemera ndetse byanditse mu bitabo by’Itorero ry’Abadiventiste.

Umucamanza: Tuzabifaho umwanzuro ku itariki icyenda.

Ubwo ni ku wa 9/1/2024

Rwanda: Court condemns four anti-vaxxers to 6 years in jail

A Rwandan court condemned four women to a six-year imprisonment each for not accepting vaccines, terming it disobedience of the enforcement of law.

The quartet convicted of inciting the public against health mandates in their village. Court sentenced each to six years in prison

A single Judge at Nyagatare Intermediate Court in the Central African Country decided the case on January 9, 2024, in the absentia of the accused after a single hearing on January 3, 2024.


Also read: Rwanda: Advent preachers face 14-year-jail case


The court said that the women who preached to fellow residents in early September 2023 were guilty of inciting others to undermine the safety and effectiveness of Covid vaccines and other health mandates to which the four pleaded not guilty.

“Edith Ngendahimana, Genevieve Nikobahoze, Elisabeth Tuyigane and Esther Mukamazimpaka incited the masses to resent vaccines and the national health insurance scheme, an act that comprises the crime of disobeying the enforcement of the law,” the court said Tuesday.

During the hearing, the four referred the court to the message on the brochures they distributed which “called upon fellow residents to repent as a way of preparing for Jesus’ Second Advent” and not vaccines.

They asked the judge to have testimonies from the village mates who were around when the women were sharing the Word of God with fellow residents, claiming that the two testimonies the prosecution read were from strangers and not enough for the truth the court needed.

The four uneducated Rwandan rural women who neither have the skills to mobilize a channel for their message have been found guilty of the offense of inciting the masses.

The women had been in custody for nearly four months when they first appeared before the court.

Since the inception of Covid vaccines, authorities have treated many people who escaped getting Covid vaccines with brutality including forced vaccination.


Also read:  Testimony of forced vaccination in Rwanda


Authorities don’t trust any religious gathering outside the well-monitored churches to prevent people from studying end-time prophecies and their application to present-day events.


Also read: Rwanda arrests 31 preaching end-times and Jesus’ advent


Currently, Faith Reporters counts hundreds who have been arrested while sharing what they know about Jesus’ Second Advent in family Bible studies or preaching to fellow residents.


Also read: A visit to the prisoners of conscience in Rwanda


In November 2023, a young man was beaten to death in the notorious transit center custody in Southern Rwanda after getting arrested in a group worshipping at the opening of Sabbath in a believer’s home.

Another middle-aged man is still missing after being rushed to the hospital in critical condition for being battered at the transit center while others are nursing wounds.

Rwanda: Advent preachers face 14-year-jail case

Four women are facing charges that can end them in prison for fourteen years after preaching about Jesus’ Second Advent. Authorities said they undermined the importance of Covid vaccines and other national health mandates.

Nyagatare Intermediate Court in north east Rwanda. Four women who were caught after preaching Jesus' second Advent are accused of disobeying enforcement of law which carries a prison sentence of up to 14 years in jail/ Photo by Faith Reporter on January 3, 2024.
The poor and uneducated local women who were arrested on September 10, 2023, in eastern Rwanda, appeared before the court for the first time on Wednesday, January 3, 2024, accused of disobeying enforcement of law. [Story in local language]

The prosecution alleged that Esther Mukamazimpaka, Elisabeth Tuyigane, Genevive Nikobahoze and Edith Ngendahimana undermined the safety and effectiveness of the Covid vaccines and incited residents not to subscribe to the mandatory national health scheme.

According to Rwanda’s penal code, any person accused of inciting civil disobedience is liable to an imprisonment of five to seven years, that doubles between ten and fourteen years when the incitement results in harm.

The four women have been in police custody in Kayonza for nearly four months without appearing before court in this Civil law country that brands itself as being in transition to the Common law system.

Two of the accused are in custody with their babies in this Central African country that is also a member of the East African Community bloc.

The case before the court [Story in Local language]

While responding to the accusation, the quartet pleaded not guilty.

They accepted that they preached to their village mates about Jesus’ Second Advent but denied asking residents to or not to do anything of “earthly authorities,”

“We preached Jesus’ coming. The preparation for Jesus’ coming does not concern earthly authorities. It concerns individual lives,” said Esther, who, the court asked first with her baby on her back.

Elisabeth added that the only action of the message was asking fellow residents to repent of their sins at an individual level.

The prosecution argued that while talking about Jesus’s coming, the quartet took a discourse into the signs of Jesus’s coming in which they did not bless Covid vaccines and the mandatory health scheme.

The accused explained that they preached people to stand free in their conscience in every decision they take in life as they prepare to meet their Lord.

“Our message was clear and is written on the brochures we distributed. It’s not about the earthly kingdom. Our message is about the Kingdom of God and personal preparation,” said Genevive with her baby on the back.

The court’s cross-examination of the accused dwelt much of what they believed other than what they were accused of having done.

The court asked them if they believed in Covid vaccines and the national health scheme.

All of them insisted that it was personal to believe or not to believe the safety and effectiveness of the vaccines and other health mandates.

The court wanted to know if the quartet could doubt that which the government deems fit for its people, such as the vaccines and establishment of the health insurance schemes.

The four insisted that they were not ready to argue about government programs, citing that they would like to be given the freedom to make decisions on their personal health life styles.

The court asked them why they refused to take Covid vaccines to which they answered it was voluntary and required personal consent to sign the vaccine form.

The court will deliver its decision on the case and sentence them on January 9, 2024.

Background

The accused are among hundreds in different parts of the country whose commonality for being arrested surrounds relating current events with the scriptures and doubting Covid vaccines.

During the Covid vaccine era, authorities forcibly vaccinated residents, resulting in people fleeing the country.

As the poor country struggles to win appreciation for swaying the masses into Digital currency and National Identity by 2025, the authorities are cracking down on all potential voices that may not appreciate it starting with those who did not accept the vaccines.

All out-of-church congregations have been banned to prevent people from freely studying the scriptures in relationship with current events without the watch of authorities as is in churches.

The overambitious authorities announced in December 2023 that it is illegal to preach even on social media without authorization from authorized denominations to operate in this fully controlled small country. [story in local language]

Unless one does not relate scripture with the current events, it’s easy to become authorities’ target for felonies such as insurrection and incitation.

Click here for a similar story in local language

........................................

Do you have an opinion, a question about this story, a news tip or any support you can share with us? Please contact us at FaithReporters@gmail.com

Stop posting too many verses without their application

Sharing the application of the word of God is the most important thing a believer should be doing in these end times.

The Ethiopian Eunuch was reading Isaiah 53 but could not understand until Philip explained to him/ Photo by Faith Reporters
Many of us like sharing too many Bible verses or quotes from the Spirit of Prophesy on all social media platforms, but this is not what God calls us to do in our times.

God is calling us to tell people our testimony in light with the word of God such that they can walk the application of the word of God in their lives.

The spirit of mere sharing the verses kills the one who shares it in the first place because one doesn’t take time to understand the application of the word of God to him/her and the relevance of it to the rest.

The Jews enjoyed reading about the Messiah but didn't want to calculate the time of his coming that’s told in Daniel’s 70 weeks prophesies.

Jesus came and they did not recognize him and did not do what the word of God required of them at that precious time in their lives.

The Ethiopian Eunuch in Acts 8 was reading Isaiah 53, about the Messiah, but could not understand what it meant to him or what it meant during that time.

Moreover, he was a great church member who went to Jerusalem, from Ethiopia, to pray and worship the Creator of Heaven and earth but did not know the plan of salvation in the scripture.

The Apostle Philip asked him if he understood what he read and he said “How can I, except some man should guide me?”

As soon as he understood the application of Isaiah’s prophesy, that it was about the Messiah who came and became a sacrifice for his sin, he believed and asked Philip to baptize him.

We have to share the relevance of the world of God in our personal lives, in our countries and in our time otherwise, people of God will remain in darkness and will not do what is required of the believer in his/her life, time and place.

God bless us all,

The writer is Kelly Rwamapera